Nyuma yuko Kalisa Joseph na Mugabo Edward bafunzwe kubera urupfu rw’umukobwa witwa Uhumuza bari kumwe, Muganga yatangaje icyateye urupfu rwe

Yanditswe: BYIRINGIRO ISRAEL
Itariki: 2025-04-15 05:53:30

Topperzmind

Nyuma yo gufungurwa by’agateganyo kwa Kalisa Joseph ukomoka mu Rwanda umaze kwamamara mu kuvanga imiziki muri Uganda nka VJ Spinny, n’umuvandimwe we, Mugabo Edward, bari bakurikiranyweho kugira uruhare mu rupfu rw’umukobwa witwa Martha Ahumuza Murari, ibipimo bya muganga byagaragaje ko uyu mukobwa yahitanywe n’ikibazo cyo kuva amaraso mu bwonko. Martha Ahumuza Murari wari umukobwa ukiri muto yaguye igihumure mu kabari ka Mezo Noir i Kololo mu Mujyi wa Kampala mu byumweru bibiri bishize.Urupfu rwe rwari rwateye urujijo ndetse bituma VJ Spinny na murumuna we Edward Mugabo bamujyanye kwa muganga, bafungwa.Ibipimo bya muganga kuri ubu byagaragaje ko uyu mukobwa yapfuye azize ikibazo cyo kuva amaraso agasakara mu bwonko.Polisi ni yo yemeje ko ibi bipimo byafatiwe ku Bitaro bya Mulago, ndetse igenzura ryabyo ryari riyobowe na Moses Byaruhanga, Umuyobozi Ushinzwe Serivisi z’Ubuvuzi muri Polisi ya Uganda.Umupolisi wakurikiranye ifatwa ry’ibizamini utifuje gutangaza amazina ye yagize ati “Impamvu nyamukuru y’urupfu ni ukuvira amaraso imbere mu bwonko. Iyo amaraso amenetse mu bwonko, bizamura umuvuduko imbere mu bwonko bigatera igitutu ku bice by’ingenzi bishinzwe imikorere y’umubiri, bikaba byaviramo umuntu gupfa.”Umuhanga mu by’ubuvuzi bw’ibimenyetso bya gihanga yabwiye Entebbenews ko muri uru rupfu rwa Ahumuza, bishoboka ko amaraso yamenetse mu bwonko byatewe n’umuvuduko w’amaraso wiyongereye bitunguranye, waba waratewe n’ibyishimo byazamuye amarangamutima cyangwa se igikorwa cyabaye ako kanya.Umwe mu bo mu muryango we, Brian Kambaho, yabwiye abari mu muhango wo kumuherekeza ko abaganga bababwiye ko mu gatuza ka Ahumuza harimo amazi menshi yatewe no kuruka, kandi isuzuma ryemeje ko yari afite amaraso mu bwonko.Ahumuza yaguye igihumure ari mu birori bya Mezo Noir ku mugoroba wo ku wa 19 Werurwe 2025, ari kumwe n’inshuti ye Edward Mugabo, usanzwe ari umukozi muri ako kabari.Amakuru ya mbere yatangajwe na Polisi yavugaga ko yaba yarahawe uburozi, bituma hakoreshwa isuzuma rya ‘toxicologie’ muri Laboratwari ya Leta.Ariko abapolisi bemeje ko iyo laboratwari ntacyo yagaragaje cyerekana uburozi mu bice by’umubiri byapimwe.Ibi bikaba byateye urujijo niba dosiye y’uburozi izakomeza kugirwaho icyo ikora mu rukiko.Hari andi makuru yavugaga ko mbere yo guta ubwenge, Martha Ahumuza Murari yabanje gufatwa ku ngufu ariko na byo byaje kugaragara ko bishobora kuba atari byo.Nk’uko abashinzwe iperereza babitangaje, Ahumuza yari yavuye iwabo i Namugongo mu Karere ka Wakiso aho yabaga na nyina Barbara Kagonyera, ubwo nyina yari yagiye mu mahanga.Yabanje kujya mu kandi kabari kari muri Kololo mbere yo kwerekeza kuri Mezo Noir ahagana Saa Tanu z’ijoro aho yari agiye kureba Mugabo.Amashusho ya camera z’umutekano agaragaza Ahumuza yinjira mu biro by’umuyobozi w’akabari ari kumwe na Mugabo ahagana Saa Cyenda za mu gitondo, ahantu hatagaragara camera.Hashize akanya gato, Mugabo yirutse asohoka mu buryo butunguranye maze ahamagara musaza we Joseph Kalisa [VJ Spinny].Bombi bahise bamujyana ku Bitaro bya Kampala, aho yashyizwe ku mashini zimufasha guhumeka ariko nyuma baza gutangaza ko yapfuye.Polisi yahise ifata Mugabo na VJ Spinny ku munsi wakurikiyeho ibashyira kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kiira Road. Aba basore baheruka kurekurwa by’agateganyo nyuma y’ibiganiro Polisi yagiranye n’Ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru.Martha w’imyaka 23 yitabye Imana mu gihe umwaka ushize yari yasoje kaminuza.Se w’uyu mukobwa, Seth Murari asanzwe ari Umuhuzabikorwa w’Imikino n’Imyidagaduro ku rwego rw’Igihugu mu Biro by’Umuyobozi w’Ishyaka National Resistance Movement (NRM) ndetse akaba n’Umujyanama wa Perezida Museveni mu by’imikino. Uyu mukobwa yashyinguwe ku cyumweru tariki 23 Werurwe 2025.VJ Spinny wavuzwe muri dosiye ya Ahumuza yavukiye mu Mujyi wa Kigali, akaba yaratangiye kwiyumvamo impano yo kuvanga imiziki mu 2010 akiri mu mashuri yisumbuye muri Lycée de Kigali (LDK).Uyu musore yagiye acurangira mu Rwanda mu bihe bitandukanye ndetse yaherukaga i Kigali mu gitaramo ‘The New Year Groove’ cya The Ben....



News Image

Rayon Sports yaciye bugufi yemera gukina na Mukura VS

Rayon Sports yemeye gukina na Mukura VS nubwo itishimiye imyanzuro ya FERWAFA Ikipe ya Rayon Sports...

On: 20-04-2025 at 04:12PM

News Image

Abatuye muri utu duce barasabwa kuba maso by’umwihariko! Meteo Rwanda yasabye abanyarwanda kwitegura imvura nyinshi kuva mu ijoro ryo kuwa 11 kugeza tariki 13 Mata 2025

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere Meteo Rwanda, cyateguje Abaturarwanda ko hateganyijwe...

On: 15-04-2025 at 05:54AM

News Image

Nyuma yuko Kalisa Joseph na Mugabo Edward bafunzwe kubera urupfu rw’umukobwa witwa Uhumuza bari kumwe, Muganga yatangaje icyateye urupfu rwe

Nyuma yo gufungurwa by’agateganyo kwa Kalisa Joseph ukomoka mu Rwanda umaze kwamamara mu kuvanga imi...

On: 15-04-2025 at 05:53AM

News Image

Ku itariki ya 9 Mata 1994, Jenoside yakorewe Abatutsi yari imaze igihe igenda ikwira hirya no hino mu gihugu.

Ku itariki ya 9 Mata 1994, Jenoside yakorewe Abatutsi yari imaze igihe igenda ikwira hirya no hino m...

On: 09-04-2025 at 12:19PM

News Image

Akamaro ko kurya Ibihumyo

Ibihumyo Bibamo amoko atandukanye :Hari ikiciro cy'Ibihumyo birirwa  ndetse n'Ibihumyo bitaribw...

On: 13-03-2025 at 06:44AM

News Image

Ukraine yarashe ‘drones’ 337 mu Burusiya mu ijoro rimwe

zo ndege zahanuwe mu bice bitandukanye by’u Burusiya birimo Kursk, Belgorod, Bryansk, Voronezh, Kalu...

On: 11-03-2025 at 08:28AM

News Image

APR FC yinjije arenga miliyoni 120 Frw ku mukino yakiriyemo Rayon Sports

Uyu mukino waciye agahigo ko kuba uwa kabiri winjije amafaranga menshi kuri Stade mu Rwanda, warangi...

On: 11-03-2025 at 08:24AM

News Image

Nta muntu urakora nk’ibyo nakoze kandi nta muyobozi wangaruye muri Rayon Sports - Robertinho mumvugo ikomeye

Umunya-Brazil, Robertinho utoza Rayon Sports yavuze ko nta mutoza urakora nk’ibyo yakoze muri iyi ki...

On: 10-03-2025 at 11:22AM

News Image

Musk yacecekesheje Minisitiri wo muri Pologne

Musk amaze gutanga muri Ukraine ibikoresho 40,000 bitanga murandasi muri Ukraine kuva mu 2022.Ingabo...

On: 10-03-2025 at 11:17AM

News Image

Suède: The Ben agiye guhurira mu gitaramo n’abarimo Ya Levis na Timaya

The Ben yatumiwe mu bitaramo bya ‘One Love Music Festival’ biteganyijwe muri Suède kuva ku wa 15 k...

On: 08-03-2025 at 09:07AM

News Image

Kevin Kade na Chriss Eazy bagiye guhurira kuri album

Chriss Eazy na Kevin Kade bari mu bahanzi bamaze kubaka izina mu buryo bukomeye mu Rwanda, bagiye ...

On: 08-03-2025 at 09:03AM

News Image

The Ben na Bwiza bitozanyije n’itsinda ry’abacuranzi rizabafasha mu gitaramo

The Ben na Bwiza bamaze kugera mu Bubiligi, bakoranye imyitozo n’itsinda ry’abacuranzi rizabafasha...

On: 08-03-2025 at 09:01AM

News Image

Tanzania: Hagiye kubakwa Arena izatwara miliyoni 172$

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yemeje ko bagiye kubaka inzu y’imyidagaduro (Arena) iza...

On: 08-03-2025 at 08:54AM

News Image

Chriss Eazy yageze muri Suède

Chriss Eazy utegerejwe mu gitaramo agomba gukorera muri Suède, yamaze kugera mu Mujyi wa Stockholm...

On: 08-03-2025 at 08:44AM

News Image

Abasirikare 438 batojwe na RDF binjijwe mu Ngabo za Centrafrique

Icyiciro cya gatatu cy’abasirikare ba Centrafrique batojwe n’Ingabo z’u Rwanda cyasoje amasomo. Ni...

On: 08-03-2025 at 08:38AM

News Image

Muhanga: Umugabo yiciwe n’imbabura mu nzu yari acumbitsemo

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umugabo witwa Nzayisenga Jean Claude wari utuye mu Karere ka Muhang...

On: 08-03-2025 at 08:29AM

News Image

“Love and Lies” – Filime Igiye Guhindura Amateka muri Sinema Nyarwanda!

Sinema nyarwanda iri kwinjira mu bihe bishya, kandi filime nshya “Love and Lies” ni kimwe mu bihanga...

On: 06-03-2025 at 07:28AM

News Image

Perezida Ndayishimiye yategetse ingabo ze kwirukana M23 muri Kivu y’Amajyepfo

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye akomeje kwenyegeza intambara yo mu burasirazuba bwa Repu...

On: 06-03-2025 at 04:52AM

News Image

Uwavuye Iwawa ahindutse kurusha abandi muri buri karere azajya ahabwa inka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Mugenzi Patrice yavuze ko uwagororewe Iwawa bizajya bigaragara k...

On: 06-03-2025 at 04:49AM

News Image

The Ben yongeye gusaba imbabazi Bull Dogg, ateguza indi ndirimbo na Diamond

The Ben yongeye guca bugufi asaba imbabazi Bull Dogg ahamya ko bamaze iminsi barebana ay’ingwe nyuma...

On: 04-03-2025 at 05:42AM

News Image

ITSINDA " THE VOCAL BAND RIHINDUYE UMUZIKI NYARWANDA RIGIYE GUKORA AMATEKA KW ' ISI MENYA BYINSHI"

Muraho neza, Twitwa The vocal Band tukaba dukora music iri live Intego yacu nugukora music yose Y...

On: 04-03-2025 at 04:20AM

News Image

U Rwanda rwatumije Ambasaderi w’u Bwongereza

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane yatumije Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Alison...

On: 28-02-2025 at 03:50AM

News Image

Hasigaye 37 gusa: Urugendo rw’u Rwanda mu kurandura ibibembe mu gihugu

Raporo y’Ishami rya Loni ryita ku Buzima (OMS) ya 2024, igaragaza ko u Rwanda ruri mu bihugu biri ku...

On: 28-02-2025 at 03:25AM

News Image

Abarenga 1400 bahawe amahirwe yo gusura Pariki ya Nyungwe ku buntu

Ubuyobozi bwa Pariki ya Nyungwe bwageneye abarenga 1400 bayituriye amahirwe yo kuyisura ku buntu kug...

On: 28-02-2025 at 03:18AM

News Image

Gen (Rtd) Kabarebe yagaragaje igihe Tshisekedi yatangiye gutegura intambara ku Rwanda

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe...

On: 26-02-2025 at 10:12AM

News Image

Lionel Messi na Luis Suárez bahaniwe imyitwarire mibi

Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (MLS), yahannye Lionel Messi na Lu...

On: 26-02-2025 at 03:05AM

News Image

DURING A PERIOD OF CALM IN THE CONFLICT BETWEEN HAMAS AND ISRAEL

During a period of calm in the conflict between Hamas and Israel, Hamas sent four people back to Isr...

On: 20-02-2025 at 04:17PM

News Image

Gatsata: Imodoka eshatu zakongokeye mu igaraje, zikongeza n’inyubako

Imodoka eshatu zahiriye mu igaraje riherereye mu Murenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo zirakongoka ...

On: 19-02-2025 at 11:08AM

News Image

Jose Chameleone agiye kubagwa

Umuhanzi w’icyamamare Jose Chameleone agiye kujyanwa mu gikorwa gikomeye cyo kubagwa urwagashya mu m...

On: 19-02-2025 at 05:49AM

News Image

Umugabo wa Rihanna yagizwe umwere

Umuraperi A$AP Rocky, umugabo w’umuhanzikazi Rihanna, yagizwe umwere n’urukiko rwa Los Angeles kuri ...

On: 19-02-2025 at 05:46AM

News Image

Imbamutima z’Umworozi w’inkoko watewe inkunga ya Miliyoni 145 Frw zitishyurwa

Edouard Twizerimana, Umuyobozi wa Eddy Farm Ltd ikora ubworozi bw’inkoko zitera amagi, mu karere ka ...

On: 19-02-2025 at 05:41AM

News Image

Guverinoma y’u Rwanda yahagaritse ubufatanye bwose yari ifitanye n’u Bubiligi mu mishinga y’iterambere kuva mu 2024-2029.

Guverinoma y’u Rwanda yahagaritse ubufatanye bwose yari ifitanye n’u Bubiligi mu mishinga y’iterambe...

On: 18-02-2025 at 02:26PM

News Image

M23 yateguye umuganda mu mujyi wa Bukavu

Umutwe witwaje intwaro wa M23 wateguye umuganda mu mujyi wa Bukavu uherereye mu ntara ya Kivu y’Amaj...

On: 18-02-2025 at 12:47PM

News Image

Chancen International yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na ICK

Ikigo Mpuzamahanga cyishyurira urubyiruko mu mashuri makuru na kaminuza cya Chancen International, c...

On: 18-02-2025 at 12:44PM

News Image

Museveni yagaragaje ko abumva ko Besigye adakwiye gufungwa bashyigikiye ko Uganda ihungabana

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yagaragaje ko abumva ko umunyapolitiki Dr Kizza Besigye adakwiye guf...

On: 18-02-2025 at 08:45AM

News Image

U Busuwisi: Umudepite yasabye ko RDC ihagarikirwa inkunga kugeza Tshisekedi avuye ku butegetsi

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Busuwisi, Andreas Alfred Glarner, yasabye igihugu cye guhag...

On: 18-02-2025 at 04:50AM

News Image

Perezida wa Argentine mu mazi abira nyuma yo kwamamaza ‘Cryptocurrency’, igateza igihombo

rezida wa Argentine, Javier Milei, ari gusabwa kwegura nyuma yo kwamamaza ifaranga ry’ikoranabuhanga...

On: 18-02-2025 at 04:47AM

News Image

U Rwanda rwavuze ku hazaza h’ibikorwa byaterwaga inkunga na USAID

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko nta nkunga z’Ikigo cya Amerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga ...

On: 18-02-2025 at 04:44AM

News Image

Amerika: TikTok yongeye kugaragara kuri ‘App Store’ na ‘Play Store’

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ibyishimo ni byose ku bakunzi b’urubuga rwa TikTok rwongeye kugara...

On: 18-02-2025 at 04:41AM

News Image

Mfite ibibazo byinshi - Ruben Amorim utoza Manchester

Umutoza wa Manchester United FC, Ruben Amorim, yagaragaje ko afite ibibazo byinshi mu kazi ke, nyuma...

On: 18-02-2025 at 04:38AM

News Image

Minisante yatangaje ko kuzamura imisoro ku nzoga n’itabi bigamije kugabanya indwara zitandura

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, yagaragaje impamvu yo kuzamura imi...

On: 18-02-2025 at 04:36AM

News Image

Ne-Yo mu buryohe bw’urukundo n’abagore batatu

Umuhanzi Ne-Yo aheruka kugaragara asomana n’abakunzi be batatu, bishimangira inkuru zari zimaze imin...

On: 18-02-2025 at 04:33AM

News Image

António Guterres wa Loni yashimangiye isenywa ry’umutwe wa FDLR

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yatangaje ko intangiriro yo gukemura ...

On: 18-02-2025 at 04:30AM