Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yamaganye ibyatangajwe n’iya EU yasabiye u Rwanda ibihano

Yanditswe: BYIRINGIRO ISRAEL
Itariki: 2025-02-25 05:52:50

Topperzmind

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yamaganye ibikubiye mu mwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, EU, yasabaga ko u Rwanda rwafatirwa ibihano irushinja gutera inkunga umutwe wa M23.Byatangajwe kuri uyu wa 21 Gashyantare 2024, ubwo yagezwagaho raporo ya Komisiyo ihuriweho igizwe na Komisiyo zombi z’ububanyi n’amahanga zasesenguye ibyatangajwe n’Inteko ya EU ku Rwanda hagamijwe kubyamagana.Inteko yemeje ko EU yirengagije nkana impamvu zitera umutekano muke muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.Yanenze kandi uburyo Inteko ishinga Amategeko ya EU yamaganye ibitero bya M23 nyamara ntigire icyo ivuga ku mpamvu zituma uwo mutwe warahisemo kubura imirwano.Yashimangiye ko ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC bishingiye ku bibazo by’ubukoloni n’ikatwa ry’imipaka ryabaye intandaro y’akarengane k’abavuga Ikinyarwanda muri RDC.Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yanenze ubufatanye bwa RDC n’abacanshuro ndetse isaba umuryango Mpuzamahanga kwamagana ibyo bikorwa.Yagaragaje ko ishyigikiye kandi ko ikibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC gikemurwa binyuze mu nzira y’ibiganiro nk’uko byemejwe n’abakuru b’Ibihugu bya EAC na SADC.Zimwe mu mpamvu zagaragajwe n’Abadepite n’Abasenateri ku mpamvu zitera ibibazo by’umutekano muke harimo izishingiye ku bukoroni, ikatwa ry’imipaka, umutwe wa FDLR n’ubuyobozi bubi bwa RDC bwakomeje guhembera urwango mu baturage no kuba icyo gihugu cyarabaye indiri y’imitwe yitwaje intwaro.Abadepite n’Abasenateri b’u Rwanda bagaragaje ko uwo mwanzuro wafashwe ugomba gushyikirizwa inzego zitandukanye z’ubuyobozi bw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Umuryango Mpuzamahanga, EAC na SADC.Berekanye ko wafashwe hashingiwe ku bikorwa bitandukanye byagaragajwe na Komisiyo ihuriweho yize ku muzi w’ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC.Bimwe mu bibazo byagaragajwe bikomeje kwirengagizwa n’u Burayi birimo ihohoterwa rikorerwa Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, imiyoborere mibi ya RDC yimakaje ivangura rishingiye ku moko no kuba uburasirazuba bwa RDC bwarabaye indiri y’imitwe yitwaje intwaro.Hari kandi ibikorwa by’ubwicanyi bikorwa na Leta ya RDC ifatanyije n’umutwe wa FDLR bikorerwa Abanye-Congo abandi bakaba barabaye impunzi mu bihugu byo mu Karere aho u Rwanda rucumbikiye impunzi zirenga ibihumbi 100 z’Abanye-CongoInteko yagaragaje ko wanaturutse ku kuba Leta ya RDC yarakoze ihuriro n’abambari bayo barimo FDLR, wazalendo, Ingabo z’u Burundi, Ingabo za SADC n’abacanshuro b’i Burayi bagamije umugambi mubisha wo gutera u Rwanda no kurimbura Abatutsi bose.Yongeye kugaragaza kandi ko uwo mwanzuro wafashwe hashingiwe ku kuba FDLR yaramaze kwinjizwa muri FARDC, ikaba inshuti magara kandi bafatanyije n’umugambi wo gutera u Rwanda.Inteko yasabye umuryango mpuzamahanga gusaba ibihugu bigicumbikiye abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi gukumira uburyo ubwo ari bwo bwose ingengabitekerezo ya Jenoside yaba igaragaramo.Yawusabye kandi kudaha agaciro ibivugwa ku Rwanda mu buryo bubogamye, igashishikariza impande zombi zishyamiranye kuyoboka inzira y’ibiganiro.Abadepite n’abasenateri barubiyeAbadepite n’Abasenateri bagaragaje ko bitumvikana kubona Inteko y’Ubumwe bw’u Burayi yarafashe umwanzuro yiregangije nkana ukuri, bashimangira ko umwanzuro wayo ugomba kwamaganirwa kure.Depite Nizeyimana Pie, yagaragaje ko ibibazo by’umutekano muke bishingiye ku mateka y’ubukoloni ariko no kuba Leta ya RDC yariyemeje gukorana na FDLR yasize ikoze Jenoside yakorewe Abatutsi.Yamaganye kandi uburyo Perezida wa RDC Tshisekedi na mugenzi we w’u Burundi Evariste Ndayishimiye batangaje ku mugaragaro ko bazakuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bwitorewe n’abaturage.Yemeje ko ibyo byirengagijwe na EU ndetse no muri raporo yayo ikaba yarirengagije umutwe wa FDLR, asaba RDC guhagarika gukorana na wo bwangu, abawugize bakoherezwa mu Rwanda, abafite ibyo babazwa imbere y’amategeko bakabihanirwa.Depite Uwamariya Odette, yagaragaje ko atari ubwa Mbere Inteko ya EU ifashe umwanzuro uvuga nabi u Rwanda kandi ko bakwiye kwamaganira kure ibyo bikorwa yise ko bisa no kuyobya uburari.Depite Mvano Nsabimana Etienne yashimangiye ko RDC yahisemo guha ubwihisho FDLR ndetse ikanayifasha mu mugambi wayo wo gushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda.Depite Mujawabega Yvonne yanenze uburyo Inteko y’Ubumwe bw’u Burayi yafashe umwanzuro ishingiye ku buhamya bw’uruhande rumwe bityo ko bitari bikwiye kandi ari impamvu shingiro yo kwamakana ibyo yemeje.Ati “Nanenze cyane uko umwanzuro w’iyo Nteko nabonye barawushingiye ku buhamya bw’uruhande rumwe, nabonye barabajije Minisitiri Therese Kayikwamba na Denis Mukwege, ariko ntaho nabonye bahaye u Rwanda amahirwe yo kwisobanura. Kuba bitararebweho ngo impande zombi zihabwe amahirwe numva ari impamvu yatuma uyu mwanzuro wabo tuwamagana.”Senateri Bideri John Bonds yashimangiye ko umwanzuro wafashwe n’Inteko ya EU ubogamiye ku ruhande rumwe bityo ko udakwiye guhabwa agaciro.Yerekanye ko biteye isoni kubona Perezida wa RDC, Antoine Felix Tshisekedi na mugenzi we w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, baratangaje ku mugaragaro umugambi wo gutera u Rwanda ariko nyamara bikaba bitarigeze byamaganwa n’ibyo bihugu by’u Burayi.Depite Mukabalisa Germaine yagaragaje ko umwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko ya EU yo gusabira u Rwanda ibihano ari igitutsi ku Rwanda no kuri Afurika kandi bishimangira ko Abanyafurika ubwabo ari bo bakwiye kwishakamo ibisubizo.Ati “Ni igitutsi ku Rwanda no kuri Afurika yose, ni ikimenyetso simusiga ko nta mahoro arambye bifuriza aka Karere, biragaragazwa n’uko birengagije nkana igisubizo cyari cyafashwe n’abakuru b’ibihugu bya SADC na EAC.”Yavuze ko biteye isoni kubona EU yaratesheje agaciro ibyakozwe n’Abanyafurika mu kugaragaza igisubizo ku kibazo cy’umutekano muke muri RDC.Yashimangiye ko iyo nteko ari umufatanyacyaha w’ubwicanyi bukomeje gukorerwa Abatutsi muri RDC kuko yirinda kubyamagana kandi yarahawe amakuru guhera mu ntangiriro.Ati “Nitisubiraho kuri icyo cyemezo biragaragaza uruhare rwayo mu bibazo by’umutekano muke muri aka Karere ndetse n’uruhare rwayo muri Jenoside ikomeje gukorerwa hariya.”Munyandamutsa Jean Paul yagize ati “Ni umwanzuro wubakiwe ku binyoma ariko ugamije kugira ngo u Rwanda barushyire mu kato.”Sheikh Mussa Fazil Harerimana yagaragaje uburyarya bwa EU aho Inteko yayo yagaragaje ko umwanzuro wafashwe wamenyesheje Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, bikaba bitarakozwe, yemeza ko u Rwanda rutanakwiye kubisobanuraho.Ati “Ntabwo badusumba, ni Inteko natwe turi indi, ako gaciro kacu tukagumane ahubwo tubamagane. Ntabwo tujya kubisobanuraho kuko si urukiko icyo dukora ni ukubamagana.”Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yibukije ko hari uburenganzira bw’ibanze bwa buri gihugu cyigenga bwo kurinda ubusugire bwacyo n’umutekano w’abaturage bacyo....



News Image

Umutoza wa Nigeria yatangiye kwiga ku mikinire y’Amavubi

Super Eagles ya Nigeria imaze kunganya inshuro eshatu, itsindwa umukino umwe ndetse iri ku mwanya wa...

On: 11-03-2025 at 08:34AM

News Image

Passy Kizito yatangiye gushyira ururimi rw’amarenga mu bihangano bye

Umuhanzi Passy Kizito wiyita KIPA yatangiye gushyira mu bihangano bye umuntu usemura mu rurimi rw’...

On: 08-03-2025 at 09:06AM

News Image

Itsinda rya Makoma rigiye kugaruka mu muziki nyuma y’imyaka 21 risenyutse

Itsinda ryitwa ‘Makoma’ ryaciye ibintu mu myaka yashize mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana,...

On: 08-03-2025 at 09:02AM

News Image

Thomas Lubanga yashinze umutwe w’inyeshyamba mushya

Thomas Lubanga Dylo wigeze gufungirwa muri gereza y’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC), yashinz...

On: 08-03-2025 at 08:56AM

News Image

Abakuze barenga 60% bazaba bafite umubyibuho ukabije mu 2050 - Ubushakashatsi

Ubushakashatsi bwagaragaje ko mu 2050 abantu bakuze bangana na 60% ndetse n’abana bato bangana na ...

On: 08-03-2025 at 08:48AM

News Image

U Burusiya bwarashe ‘misile 70’ muri Ukraine

Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine yatangaje ko ingabo z’u Burusiya zagabye mu gihugu cye ibit...

On: 08-03-2025 at 08:42AM

News Image

RDC ifite igisirikare kidashinga, cyamunzwe na ruswa- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko imwe mu mpamvu itera ubuyobozi bw...

On: 08-03-2025 at 08:31AM

News Image

derb yahumuye amatike yamaze kazamurwa

Umukino uteganyijwe hagati ya APR FC na Rayon Sports wari gukinwa tariki ya 10 Gicurasi 2025, ariko ...

On: 07-03-2025 at 07:12AM

News Image

Twasigiwe isomo’ Ange Kagame abwira imiryango mpuzamahanga ikomeje gutererana u Rwanda

Ange Kagame, Umukobwa wa Perezida Paul Kagame, yanenze Umuryango Mpuzamahanga uhamagarira u Rwanda g...

On: 28-02-2025 at 11:11AM

News Image

Diamond Platnumz yatakambiye Perezida Suluhu ko yabubakira igikorwaremezo kimeze nka Arena yo mu Rwanda

Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Diamond Platnumz yasabye Perezida Samia Suluhu Hassan gushyirah...

On: 28-02-2025 at 11:07AM

News Image

Tour du Rwanda Festival: Mico The Best na Chriss Eazy batashye badataramiye i Rubavu

Ibitaramo bya ‘Tour du Rwanda Festival’ byari bigeze mu Karere ka Rubavu mu ijoro ryo ku wa 26 Gashy...

On: 28-02-2025 at 04:25AM

News Image

Israël Mbonyi ntiyahiriwe na Trace Awards

Israël Mbonyi wari umuhanzi rukumbi wo mu Rwanda uhatanye mu bihembo bya Trace Awards and Festival ...

On: 28-02-2025 at 04:07AM

News Image

Lamptey wa APR FC ari mu gahinda ko gupfusha mushiki we

Umukinnyi wo hagati wa APR FC, Richmond Lamptey, yagize ibyago byo gupfusha mushiki we mbere y’uko i...

On: 28-02-2025 at 04:02AM

News Image

Abasenateri basabye ko ruswa n’ikimenyane mu nzego z’ibanze bicika burundu

Abasenateri bagaragaje ko ruswa n’ikimenyane bikigaragara mu nzego z’ibanze bikwiye gucika burundu k...

On: 28-02-2025 at 04:00AM

News Image

Amb. Dr. Gashumba ntiyumva uburyo Suède yirengagije nkana ubufatanye bwa FARDC na FDLR

Ambasaderi w’u Rwanda muri Suède, Dr. Diane Gashumba yagaragarije Guverinoma ya Suède ko u Rwanda ru...

On: 28-02-2025 at 03:55AM

News Image

RDC yigaramye igitero cy’i Bukavu, ishinjwa kuyobya uburari

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwashinje ingabo bwise ’iz’amahanga’ kugaba ...

On: 28-02-2025 at 03:52AM

News Image

Ibitaramo bya ‘Tour du Rwanda Festival’ byatangiriye mu Karere ka Musanze (Amafoto)

Ibitaramo bya ‘Tour du Rwanda Festival’ biherekeza isiganwa ry’amagare bigiye kuba ku nshuro ya gata...

On: 26-02-2025 at 10:40AM

News Image

INES-Ruhengeri yatangije amashami atandatu mashya yigisha ubuvuzi

Ishuri Rikuru ry’Ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri ryafunguye ku mugaragaro amashami atandatu mu byic...

On: 26-02-2025 at 10:27AM

News Image

Misiri yasezereye u Rwanda mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’Abagore

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore yasezerewe na Misiri mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya ...

On: 26-02-2025 at 10:19AM

News Image

Tujyane muri Shanghai, umujyi w’ubucuruzi n’ishusho y’ubudahangarwa bw’u Bushinwa (Amafoto)

Shanghai, ni wo mujyi mugari w’ubucuruzi mu Bushinwa. Mu 2019, umutungo mbumbe wawo wanganaga na mil...

On: 26-02-2025 at 10:17AM

News Image

Abasura Pariki z’igihugu bikubye inshuro eshatu mu myaka itatu

Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare, NISR, cyagaragaje ko abantu basura pariki z’igihugu bavuye kur...

On: 26-02-2025 at 04:44AM

News Image

Imishinga y’abaturiye pariki z’igihugu igiye guhabwa miliyari 5 Frw ku musaruro w’ubukerarugendo

Imishinga itandukanye y’abaturiye Pariki z’igihugu, igiye gusaranganywa agera kuri miliyari 5 Frw ak...

On: 26-02-2025 at 04:24AM

News Image

Twumvane EP ‘The Chronicles of broken heart’, Bel yandikanye agahinda k’umusore wamutengushye (Video)

Uwase Belinda uri mu bahanzi bari bitabiriye irushanwa rya ‘The Voice Africa’ ritabashije kurangira,...

On: 25-02-2025 at 06:38AM

News Image

Selena Gomez na Zoe Saldaña mu begukanye ibihembo bya ‘SAG Awards 2025’

Umuhanzikazi Selena Gomez ubifatanya no gukina filime, ari mu begukanye ibihembo bya ‘Screen Actors ...

On: 25-02-2025 at 06:34AM

News Image

John Legend yasubije abamusabaga guhagarika igitaramo aherutse gukorera i Kigali

John Legend wemeje ko yari azi neza ibibazo byavugwaga ndetse yanabonye ubutumwa bumubuza gutaramira...

On: 25-02-2025 at 06:31AM

News Image

Abahanzi batanu biyongereye mu bitaramo bya ‘Tour du Rwanda Festival’

Abahanzi batanu barimo Yampano, Mico The Best, Bushali, Niyo Bosco na Eric Senderi bongewe mu bitara...

On: 25-02-2025 at 06:27AM

News Image

Urunturuntu mu rukundo rwa Malaika Uwamahoro n’umugabo we

Ishyamba si ryeru mu rugo rwa Angel [Malaika] Uwamahoro, wamamaye cyane mu guhimba imivugo no gukina...

On: 25-02-2025 at 06:25AM

News Image

Ibitaravuzwe ku ikubitwa rya Turahirwa wa Moshions

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, ku wa 24 Gashyantare, Turahirwa Moses washinze inzu y’imideli yit...

On: 25-02-2025 at 06:18AM

News Image

Impamvu eshatu zituma hari ababyeyi basama kandi baraboneje urubyaro

Nyiramana [izina twarihinduye] ni umugore wo mu Karere ka Rwamagana avuga ko ubwo yabyaraga umwana w...

On: 25-02-2025 at 05:57AM

News Image

OMS yashimye umuhate w’u Rwanda mu kurwanya indwara zitandura

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebrey...

On: 25-02-2025 at 05:55AM

News Image

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yamaganye ibyatangajwe n’iya EU yasabiye u Rwanda ibihano

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yamaganye ibikubiye mu mwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umu...

On: 25-02-2025 at 05:52AM

News Image

Umugambi wo gutera u Rwanda, intambara y’akarere n’ibya M23 - Ikiganiro na Mussa Fazil Harerimana

Sheikh Mussa Fazil Harerimana yagaragaje ko ari ingenzi kwamagana umugambi mubi wo gutera u Rwanda, ...

On: 25-02-2025 at 05:49AM

News Image

Moise Kean waguye igihumure ari mu kibuga yavuye mu bitaro

Rutahizamu wa Fiorentina, Moise Kean, waguye igihumure akitura hasi mu kibuga, yamaze gusezererwa mu...

On: 24-02-2025 at 06:40AM

News Image

Tennis: Niyigena, Muhire na Ishimwe bananiwe kwinjira muri ‘Rwanda Challenger 75’

Abanyarwanda Niyigena Étienne, Muhire Joshua na Ishimwe Claude basezerewe mu Irushanwa Mpuzamahanga ...

On: 24-02-2025 at 06:12AM

News Image

amakuru mabi ku mavubi ya bagore

Uburwayi butumye umunyarwandakazi Mukandayisenga Jeannine uzwi nka ‘Kaboy’, atazagaragara ku mukino ...

On: 20-02-2025 at 06:44AM

News Image

SKOL yongeye kwemerera Rayon Sports gukoresha ikibuga cyo mu Nzove

Uruganda rwa SKOL Breweries rwongeye kwemerera amakipe ya Rayon Sports kwitoreza ku kibuga cyo mu Nz...

On: 20-02-2025 at 06:27AM

News Image

UEFA C. League: Real Madrid yasezereye Manchester City, PSV itungura Juventus

Real Madrid yatsinze Manchester City ibitego 3-1, iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 6-3 mu Mikino ...

On: 20-02-2025 at 06:14AM

News Image

Ntabwo u Rwanda rwacanye umubano n’u Bubiligi

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yasobanuye ko kuba rwarahagaritse i...

On: 20-02-2025 at 06:07AM

News Image

Rutsiro: Abatuye Umudugudu w’Icyitegererezo wa Gitega barembejwe n’imyotsi

Abaturage batuye mu Mudugudu w’Icyerekezo wa Gitega, mu Murenge wa Mushubati, barasaba ko bafashwa k...

On: 20-02-2025 at 06:02AM

News Image

amakuru muri rayon sport fc na rayon women sport fc

uruganda rwa skol rusohoye itangazo yuko na ekipe yose yemerewe gukorera kuri stade ya skol mu nzove...

On: 19-02-2025 at 06:22AM

News Image

Huye: Umusore w’imyaka 25 akurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka 3

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bwashyikirije Urukiko Rwisumbuye rwa Huye dosiye y’umuso...

On: 19-02-2025 at 06:05AM

News Image

Bujumbura: Inkongi y’umuriro yibasiye Isoko rya Gatoki yangije byinshi

Inkongi y’umuriro yibasiye, mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 19 Gas...

On: 19-02-2025 at 06:03AM

News Image

Juno yigaramye ibyo kurongora uwo bakorana

Umuhanzi Juno Kizigenza yanyomoje amakuru amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yab...

On: 19-02-2025 at 06:00AM

News Image

Angola yaba yemereye Tshisekedi ubuhungiro bw’igihe gito

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko Perezida w’iki gihugu, Féli...

On: 19-02-2025 at 05:13AM

News Image

Rayon Sports 2-0 Rutsiro FC

...

On: 18-02-2025 at 12:43PM

News Image

Igitutu ku Muvugizi wa Perezida Ndayishimiye wise Abanyarwanda ‘iminyorogoto’

  Umuvugizi wa Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, Rosine Gatoni Guilene, ari kotswa ig...

On: 18-02-2025 at 10:48AM

News Image

Aba mbere bamaze kwambuka - Umupaka wa Rusizi I wongeye kuba nyabagendwa (Amafoto)

Abanyarwanda n’Abanye-Congo bishimiye ko umupaka wa Rusizi I wongeye kuba nyabagendwa nyuma y’iminsi...

On: 18-02-2025 at 08:52AM